Duteza imbere ibikorwa by’ impuhwe
bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha
Turi umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, twamamaza ubumwe, ubwiyunge n’amahoro, binyuze mu bikorwa by’impuhwe bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha no kwiteza imbere
Ibikorwa tumaze kugeraho
mu bufatanye n’ inzego z’ ibanze mu kwesa imihigo.
UMURAME MINISTRIES ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye: ikita ku buzima bw’umubiri n’ubwenge, kandi ikagarura icyizere cyo kubaho mu bagize umuryango bose umugabo, umugore, umwana, n’umuturanyi kugira ngo bafatanyirize hamwe kubaka umuryango ufite icyizere cyo kubaho
150+
Babarizwa mu miryango itishoboye bahawe ubwisungane mu kwivuza kubantu
25+
Abahungu n'abakobwa bigishijwe umwuga w'ubudozi
120+
Gufasha abana b' imfubyi n' abarerwa na banyina gusa
2+
Ubwiherero bw’ abantu batishoboye bumaze kubakwa
Ibikorwa
Ibyo dukora

Gufasha abatishoboye kwiteza imbere no kurwanya imirire mibi.
UMURAME MINISTRIES whaye imwe mu miryango itishoboye amatungo magufi nk' ihene n' inkoko; ihene mu rwego rwo kubakura mu bukene bukabije ndetse n' inkoko mukurwanya imirire mibi mu kurinda abana igwingira.

Gufasha abana b' imfubyi n' abarerwa na banyina gusa
Kimwe mu bikorwa by'indashyikirwa byakozwe na UMURAME MINISTRIES, ni ukwambika abana b’imfubyi n’abarerwa na ba nyina gusa. Iki gikorwa nticyari icyo kubambika gusa, ahubwo cyari n’uburyo bwo kubasubizamo icyizere, kubagaragariza urukundo, no kubereka ko batari bonyine mu rugamba rw'ubuzima

Kwigisha kudoda ku bahungu n’ abakobwa bacikishirije amashuri
Umurame Ministries ifasha cyane abacikije amashuri asanzwe bifuza kwiga imyuga barimo abangavu babyariye iwabo bakagira abana bakenewe kwitabwaho by'umwihariko.
Ibindi Bikorwa
Guteza imbere ibikorwa by’ impuhwe bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha
Uyu ni umuryango ugizwe n’abana batanu bibana. Nyuma y’igihe gito se abatanye na nyina, bahuye n’ umubabaro ukomeye ubwo nyina yitabaga imana. Kugeza ubu, nta muntu n’umwe uzi iyo se aherereye, bituma aba bana basigaye ari imfubyi bongera kubona icyizere cy’ ubuzima binyuze mu muryango UMURAME MINISTRIES, ukomeje kubaba hafi mu kubabonera ibibatunga n’imyambaro nkenerwa bya buri munsi. Binyuze mu buvugizi bukomeye umuryango wakoze, twabashije kububakira inzu isimbura iyari igiye kubagwaho, kandi twishimiye ko n’abato muri bo twabasubije mu ishuri.
Nawe urashobora kuba urumuri rw’icyizere ku bana nkaba ndetse n’abandi benshi bakeneye ubufasha. Inkunga yawe n’umutima mwiza bizatuma dukomeza kubabonera icumbi, uburezi, n’ibikoresho by’ibanze bikenerwa n’imiryango itishoboye. Dufatanyije, dushobora guhindura ubuzima bw’ umuryango nkuyu.
Ubufatanye
Mu bikorwa n'imishinga y’ iterambere rusange
UMURAME MINISTRIES ifite imishinga irambye yo kubaka ikigo cy’uburezi kigizwe n’icyiciro cy’incuke, amashuri abanza n’ayisumbuye kugeza ku rwego rwa kaminuzandetse n’ ikigo kizajya kiberamo amahugurwa y’imyuga n’ubumenyingiro, rigenewe cyane cyane abacikirije amashuri ndetse n’ababyeyi bakiri bato, mu rwego rwo kubafasha kumenya no kwitoza imyuga izabageza ejo hazaza heza ikabateza imbere mu bukungu.
Kubaka ejo hazaza nk’uku bisaba uruhare rwa twese. Turahamagarira abagiraneza, imiryango, n’abaterankunga banyuranye kwifatanya natwe ngo uyu mushinga mugari w’uburezi n’impinduka ube impamo.
Ibyo Umurame Ministries yimirije imbere
- Kwubaka ejo hazaza binyuze mu Burezi: Kubaka ibigo by'amashuri (incuke kugeza kaminuza) n'amahuriro y'imyuga ku bacikirije amashuri n’ababyeyi bakiri bato, mu kubasubiza amahirwe n'ubwigenge mu bukungu.
- Isoko y’ Icyizere n ’Impuhwe: Guha abatishoboye, imfubyi n'abapfakazi ubushobozi bw'ibanze n'imishinga ibafasha kwishakamo ibyabateza imbere ngo bave mu bukene bukabije.
- Ubwiyunge n'Isanamitima: Kuvura ihahamuka binyuze mu bujyanama bw'ihumure, no kubaka umuryango urangwa n'ubumwe, ubwiyunge n'amahoro arambye.
- Ubuzima n'Iterambere Rusange: Gushyira mu bikorwa imishinga ishingiye ku buzima n'iterambere isigasira imiryango itishoboye kandi ikayirinda ibyorezo.
Ibyo twibandaho
Gufasha abatishoboye, ifumbyi n’ abapfakazi
Ibikorwa UMURAME MINISTRIES ukorera abatishoboye birenze kubaha ibikenerwa by’ibanze; ni isoko y’icyizere, urukundo rwa kivandimwe, n’icyimenyetso cyo kubereka ko batari bonyine mu rugamba rw’ubuzima
Twandikire
Twishimiye kubana nawe. Niba wifuza kutuvugisha, wakoresha ifishi utwandikira muburyo butaziguye.
Menya
Ibibazo Abantu Bakunze Kwibaza
Umurame Ministries ni umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose.
Hariho imiryango yifuza gufasha umuryango ariko umwihariko w’Umurame Ministries nk’uko izina ubwaryo ribivuga, ugambiriye kuramira abazahajwe n’ibibazo mu muryango byatumye bahora bizungurukaho mu bukene budashira buva ku mubyeyi bujya ku mwana, bukagera ku mwuzukuru ugasanga umuryango wasabitswe n’amakimbirane n’imyumvire ituma udatera imbere.
Umurame Ministries ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye, ukita ku by’umubiri, iby’ubwenge n’iby’ubugingo kandi ukita ku bagize umuryango bose- umugabo, umugore, umwana, umuturanyi.
