Duteza imbere ibikorwa by’ impuhwe
bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha
Turi umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose. Twamamaza ubumwe n’ ubwiyunge ndetse n’amahoro, tugateza imbere ibikorwa by’ impuhwe bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha.
Ibikorwa tumaze kugeraho
mu bufatanye n’ inzego z’ ibanze mu kwesa imihigo.
Umurame Ministries ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye, ukita ku by’umubiri, iby’ubwenge n’iby’ubugingo kandi ukita ku bagize umuryango bose- umugabo, umugore, umwana, umuturanyi.
150+
Babarizwa mu miryango itishoboye bahawe ubwisungane mu kwivuza kubantu
25+
Abahungu n'abakobwa bigishijwe umwuga w'ubudozi
120+
Abana bavutse ku babyeyi bakora uburaya bamaza gufashwa
2+
Ubwiherero bw’ abantu batishoboye bumaze kubakwa
Ibikorwa
Ibyo dukora

Gufasha abatishoboye
Umurame Ministries wita ku badafite kivurira baho ukorera. Aha umunyamuryango, intumwa y'Umurame Minstries yari yasuye umupfakazi, iramuganiriza, umwitaho, imishyira iby'ibanze mu buzima birimo ibyo kurya, ibikoresho by'isuku

Kwambika abana babyawe na banyina bakora uburaya baba ku muhanda biyita marine
Abana bavutse ku babyeyi bakora uburaya, batagira aho baba bakibera ku muhanda biyita marine babeshwa no kwiba, n'ibyo batoragura... abo nabo ubu Umurage Ministries irabambika, ikabagaburia. ikabavana ku mihanda, ikagerageza ku bahuza n'imiryango

Kwigisha kudoda ku bahungu n’ abakobwa bacikishirije amashuri
Umurame Ministries yatangije ishuri ryo kudoda rifasha cyane abacikije amashuri asanzwe bifuza kwiga imyuga barimo abangavu babyariye iwabo bakagira abana bakenewe kwitabwaho by'umwihariko.
Ibindi Bikorwa
Kwamamaza ubumwe n’ ubwiyunge ndetse n’amahoro
Umurame Ministries yimakaje umuco w’ubumwe, ubwiyunge no kubana mu mahoro mu miryango yahoranaga umwiryane n’amakimbirana ayibuza iterambere ryuzuye. Alphonse yahurije hamwe abantu b’ingeri zose yigisha umuco wo gushyira hamwe bagatahiriza umugozi umwe, bakabana mu mahoro bose bagamije iterambere rirambye ry’umuryango.
Ubufatanye
Mu bikorwa n'imishinga y’ iterambere rusange
Umurame Ministries irabambika, ikabagaburia abana bo kumuhanda ikabavana ku mihanda, ikagerageza ku bahuza n’imiryango
Ibyo Umurame Ministries yimirije imbere
- Kubaka ikigo cyamamaza ubumwe n’ ubwiyunge ndetse n’ amahoro kugira ngo abantu babashe kwiga neza uburyo bwo gukemura amakimbirane yabo mu buryo bububaka bukanubaka umuryango mu buryo bwuzuye.
- Guteza imbere ibikorwa by’ impuhwe bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha.
- Gutanga ubujyanama no kuvura ihahamuka.
- Kwigisha abantu ko ari bamwe imbere y’ umusaraba wa Yesu Kristo
- Gukora no gushyira mu bikorwa imishinga y’ iterambere rusange n’iyo kurwanya irwara z’ ibyorezo.
- Gufasha abatishoboye, ifumbyi n’ abapfakazi.
Ibyo twibandaho
Gufasha abatishoboye, ifumbyi n’ abapfakazi
Turi umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose.
Twandikire
Twishimiye kubana nawe. Niba wifuza kutuvugisha, wakoresha ifishi utwandikira muburyo butaziguye.
Menya
Ibibazo Abantu Bakunze Kwibaza
Umurame Ministries ni umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose.
Hariho imiryango yifuza gufasha umuryango ariko umwihariko w’Umurame Ministries nk’uko izina ubwaryo ribivuga, ugambiriye kuramira abazahajwe n’ibibazo mu muryango byatumye bahora bizungurukaho mu bukene budashira buva ku mubyeyi bujya ku mwana, bukagera ku mwuzukuru ugasanga umuryango wasabitswe n’amakimbirane n’imyumvire ituma udatera imbere.
Umurame Ministries ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye, ukita ku by’umubiri, iby’ubwenge n’iby’ubugingo kandi ukita ku bagize umuryango bose- umugabo, umugore, umwana, umuturanyi.
Intego
Ubuzima Buzira umuze, Kuri buri wese, Ahariho hose, Mu buryo ubwo aribwo bwose
Kwita kubana bashakirwa uburyo bwo gutangira amashuri bahabwa ibikoresho n’ uniforme ngo bibafashe gutangira ishuri bakiri bato aho kuzerera mu cyaro ntibagatangira bakuze batabanje kwiga amashuri y’ inshuke
