Duteza imbere ibikorwa by’ impuhwe

bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha

Turi umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose. Twamamaza ubumwe n’ ubwiyunge ndetse n’amahoro, tugateza imbere ibikorwa by’ impuhwe bigamije guha abantu ubushobozi bwo kwifasha.

Ibikorwa tumaze kugeraho

mu bufatanye n’ inzego z’ ibanze mu kwesa imihigo.

Umurame Ministries ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye, ukita ku by’umubiri, iby’ubwenge n’iby’ubugingo kandi ukita ku bagize umuryango bose- umugabo, umugore, umwana, umuturanyi.

150+

Babarizwa mu miryango itishoboye bahawe ubwisungane mu kwivuza kubantu

25+

Abahungu n'abakobwa bigishijwe umwuga w'ubudozi

120+

Abana bavutse ku babyeyi bakora uburaya bamaza gufashwa

2+

Ubwiherero bw’ abantu batishoboye bumaze kubakwa

Ibikorwa

Ibyo dukora

Gufasha abatishoboye

Umurame Ministries wita ku badafite kivurira baho ukorera. Aha umunyamuryango, intumwa y'Umurame Minstries yari yasuye umupfakazi, iramuganiriza, umwitaho, imishyira iby'ibanze mu buzima birimo ibyo kurya, ibikoresho by'isuku

Kwambika abana babyawe na banyina bakora uburaya baba ku muhanda biyita marine

Abana bavutse ku babyeyi bakora uburaya, batagira aho baba bakibera ku muhanda biyita marine babeshwa no kwiba, n'ibyo batoragura... abo nabo ubu Umurage Ministries irabambika, ikabagaburia. ikabavana ku mihanda, ikagerageza ku bahuza n'imiryango

Kwigisha kudoda ku bahungu n’ abakobwa bacikishirije amashuri

Umurame Ministries yatangije ishuri ryo kudoda rifasha cyane abacikije amashuri asanzwe bifuza kwiga imyuga barimo abangavu babyariye iwabo bakagira abana bakenewe kwitabwaho by'umwihariko.

Ibindi Bikorwa

Kwamamaza ubumwe n’ ubwiyunge ndetse n’amahoro

Umurame Ministries yimakaje umuco w’ubumwe, ubwiyunge no kubana mu mahoro mu miryango yahoranaga umwiryane n’amakimbirana ayibuza iterambere ryuzuye. Alphonse yahurije hamwe abantu b’ingeri zose yigisha umuco wo gushyira hamwe bagatahiriza umugozi umwe, bakabana mu mahoro bose bagamije iterambere rirambye ry’umuryango.

Ubufatanye

Mu bikorwa n'imishinga y’ iterambere rusange

Umurame Ministries irabambika, ikabagaburia abana bo kumuhanda  ikabavana ku mihanda, ikagerageza ku bahuza n’imiryango

Ibyo Umurame Ministries yimirije imbere

Ibyo twibandaho

Gufasha abatishoboye, ifumbyi n’ abapfakazi

Turi umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose.

Twandikire

Twishimiye kubana nawe. Niba wifuza kutuvugisha, wakoresha ifishi utwandikira muburyo butaziguye.

Menya

Ibibazo Abantu Bakunze Kwibaza

Umurame Ministries ni umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta, ushigiye ku myemerere ariko udashingiye ku itorero runaka, ukorana n’ amadini n’amatorero yose.

Hariho imiryango yifuza gufasha umuryango ariko umwihariko w’Umurame Ministries nk’uko izina ubwaryo ribivuga, ugambiriye kuramira abazahajwe n’ibibazo mu muryango byatumye bahora bizungurukaho mu bukene budashira buva ku mubyeyi bujya ku mwana, bukagera ku mwuzukuru ugasanga umuryango wasabitswe n’amakimbirane n’imyumvire ituma udatera imbere.

Umurame Ministries ni umwe mu miryango mike yita ku badafite kivurira mu buryo bwuzuye, ukita ku by’umubiri, iby’ubwenge n’iby’ubugingo kandi ukita ku bagize umuryango bose- umugabo, umugore, umwana, umuturanyi.

Intego

Ubuzima Buzira umuze, Kuri buri wese, Ahariho hose, Mu buryo ubwo aribwo bwose

Kwita kubana bashakirwa uburyo bwo gutangira amashuri bahabwa ibikoresho n’ uniforme ngo bibafashe gutangira ishuri bakiri bato aho kuzerera mu cyaro ntibagatangira bakuze batabanje kwiga amashuri y’ inshuke